Icyitonderwa: Aya ni amakuru rusange. Agamije kugufasha gusobanukirwa gusa kandi si inama mu by'amategeko. Ku birebana n'inama z'amategeko, vugana n'umunyamategeko wabigize umwuga ubifitiye ububasha.

Niba hari umuntu uri guhura n'ibangamira rituruka mu mahanga, kugera ku bufasha n'inama z'amategeko bishobora kumufasha gusobanukirwa uburenganzira bwe n'uburyo buhari ashobora gukoresha.

Uburenganzira bwawe muri New Zealand

Menya uburenganzira bwawe muri New Zealand hano.

Aho wabona ubufasha mu by'amategeko

Ibigo Bitanga Ubufasha mu by'Amategeko ku Baturage bifasha mu:

  • gutanga amakuru y'inyigisho ku mategeko
  • gutanga inama, ubufasha, no guhagararira abantu mu by'amategeko – by'umwihariko abantu badafite ubushobozi bwo kwishyura serivisi z'amategeko

Hari Ibigo 24 Bitanga Ubufasha bw'Amategeko ku Baturage muri New Zealand. Ibigo byinshi bitanga serivisi zo kwegera abaturage cyangwa gahunda zibasanga mu duce batuyemo. Vugisha ibigo bikwegereye kugira ngo mutegure gahunda.

Jya ku rubuga rw'Ibigo Bitanga Ubufasha mu by'Amategeko ku Baturage kugira ngo ubone amakuru yisumbuyeho

Ibigo Bitanga Ubufasha mu by'Amategeko ku Rubyiruko bitanga serivisi z'amategeko ku buntu ku bana bose n'ab'urubyiruko ruri munsi y'imyaka 25.

Jya ku rubuga rw'Ibigo Bitanga Ubufasha mu by'Amategeko ku Rubyiruko kugira ngo ubone amakuru yisumbuyeho

Ikigo cy'Ubujyanama ku Baturage gishobora gufasha mu:

  • gutanga amakuru yerekeye uburenganzira
  • gutanga amakuru n'inama ku buntu, mu ibanga kandi bidafite aho bibogamiye
  • kukurangira Ikigo kikwegereye Gitanga Ubufasha mu by'Amategeko ku Baturage kugira ngo ubone inama mu by'amategeko
  • amakuru ku buryo wabona serivisi ushobora gukenera

Jya ku rubuga rw'Ikigo cy'Ubujyanama ku Baturage kugira ngo ubone amakuru, cyangwa ubahamagare ku buntu kuri 0800 367 222 kugira ngo ubone ubufasha mu ibanga.

Ubufasha mu by'amategeko ni inkunga ya leta igenera abantu badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira umunyamategeko. Ifasha kwishyura ubufasha mu by'amategeko kandi igakemura ibibazo byerekeye amategeko bishobora kujya mu rukiko kugira ngo abantu batabura ubutabera kuko badafite ubushobozi bwo kwishyura umunyamategeko.

Menya byinshi ku bufasha mu by'Amategeko hano

New Zealand Law Society (NZLS) ni urwego rugenzura abanyamategeko muri New Zealand. Abantu bashobora gushaka umunyamategeko bakoresheje urutonde rwabo ruri kuri murandasi. Uru rutonde rugaragaza abanyamategeko bemerewe gukorera umwuga w'amategeko muri New Zealand.

Jya ku rubuga rwa New Zealand Law Society

Manura aya makuru hano - Bigiye kuza vuba